Islam// Isiramu

Denne teksten om Islam finnes på flere språk. Tanken er at teksten skal være et supplement til andre læremidler og andre aktiviteter i opplæringen. Det er altså ikke meningen at disse ressursene skal stå alene, men at de kan brukes i innledning til arbeid med temaet.

Teksten kan, for eksempel, brukes sammen med tospråklig lærer for å aktivere elevenes kunnskaper om temaet, og å bidra til at eleven lærer fagspråk.

Scroll nedover for å finne flere ressurser.

Ubwisiramu niryo dini ritoya cyane mu madini atatu yo kwisi yashinzwe mu burasira zuba bwo hagati. Ubuyudaya hamwe nubukristo niyo madini yandi yashinzwe muburazirazuba bwo hagati.Mwisano hagati ya abayuda hamwe na abakristo abisiramu bizera ko habaho Imana imwe. Kubwiyompamvu bitwa idini ryizerera mw’ Imana imwe. Ubwisiramu ni idini rigendera ku mategeko. Bisobanuye ko amategeko hamwe na amabwiriza bishiraho imyanzuro y`ibyukuri cyangwa ibinyoma hamwe nibyo abisiramu bazakora.

A metal islamic crescent moon and star on a green textured background
Igice cy`ukwezi hamwe ninyenyeri bifite icyo bishyushanya kubwisiramu.

Islamu nidini rya kabiri mu madini yokw’ isi, nyuma y’Ubukristo. Kw’ isi hari abantu bagera kuri miliyari 1.7 bizera Islam. Abantu bazwi nka abizera b`idini rya islamu bitwa Abayisilamu. Umuryango wa kisilamu witwa umma mucyarabu. Umma ishobora kugabanywamo amatsinda abiri yingenzi. Hariho Abayisilamu b’Abasuni n’Abayisilamu b’Abashiya. Intumwa Muhamadi yashinze Islam mu mwaka wa 610 nyuma ya Yesu. Byabereye i Mekka, umujyi yavukiyemo. Mekka iherereye muri Saudi-Arabia. Mohammed yapfuye mu 632 nyuma ya Yesu.

Korowani hamwe n`iduwa

Korowani nigitabo cyera cyingenzi cyane mubuyisilamu. Dukurikije Ubuyisilamu, Korowani ikubiyemo ibyahishuwe umuhanuzi Mohammed yakiriye bivuye ku Mana. Korowani yabanje kwandikwa mucyarabu.

Korowani igizwe na sura 114. Sura zitondekanije ukurikije uburebure bwazo. Indende iza imbere nuko ingufi ikaza inyuma. Sura ya mbere n’ idasanzwe, igizwe n’amasengesho magufi yo gufungura al-Fatiha.

Bilde av koranen og andre bøker som er oppslått på et bord.
Ishyusho ya korowani: Ifoto:Adobe stock

Nyuma yimyaka amagana Mohammed amaze gupfa, inkuru zibyo yavuze cyangwa yakoze zanditswe mubitabo byitwa Iduwa(hadith). Korowani hamwe n`iduwa byombi bigomba kwerekana inzira yukuri hamwe nuburyo bwiza bwo kubaho kubayisiramu.

Inkingingi itanu

Inkingi eshanu n’ amahame idini ryubakiyeho kandi afatwa nk’ inshingano z’ibanze z’idini. Nubwo Islamu ifatwa nk’idini ry’amategeko, ni ngombwa kwibutsa ko intego nziza nayo yubahwa n’abayisilamu benshi.

Isengesho ry’imyizerere

Imyizerere, cyangwa shahada, niyambere mu nkingi za Islamu. Ifite uko isomwa mucyarabu: “Ashhadw ana la ila Allah wa ashhadw ana Mohammad rasol Allah.”. Mu Kinyarwanda bisobanura: “Nta yindi Mana ibaho uretse Allah, kandi Muhamadi ni umuhanuzi we”.

Illustrasjon av trosbekjennelsen i Islam. Skrevet med arabisk kalligrafi
Imyizerere yanditswe mu nyandiko z`icyarabu.

Isengesho

Inkingi ya kabiri ni sala, cyangwa isengesho. Abayisilamu bagomba gusenga Imana inshuro eshanu kumunsi. Abayisilamu basengera ku itapi ishashe kuburyo imibiri yabo yerekera Mekka.

Ni injyenzi kugira isuku mbere yo gusenga. Amasengesho ari mucyarabu kandi arimo inyandiko zo muri Korowani. Mu isengesho, umubiri unyeganyezwa mumwanya uhamye: umuntu arahagarara, akunama, agapfukama n’ agahanga namaboko hasi nuko akicara. Amasengesho yo ku wa gatanu ni ugusengera hamwe muri rusange mu musigiti saa sita. icyiyongereye ku gusenga, bumva ikibwiriza kuwa gatanu. Umuntu uyobora amasengesho anakabwiriza yitwa imamu.

Bilde av to jenter som sitter på kne med hendende foldet. De sitter på en bønneteppe.
Abakobwa babiri basenga. Ifoto: Adobestock

Kwiyiriza ubusa

Kwiyiriza ubusa ninkingi ya gatatu yubuyisilamu. Kwiyiriza ubusa biba mu kwezi kwa Ramadhan, bivuze ko umuntu adakwiye kurya cyangwa kunywa kuva izuba rirashe kugeza izuba rirenze. Abana ntibakeneye kwiyiriza ubusa. Izuba rirenze, umuryango uraterana ugasangira ifunguro rya nimugoroba ryitwa iftar. Muri Ramazani, ni ngombwa kwerekana ugushimira kubyo ufite no kurushaho kugirira impuhwe abadafite byinshi.

Umusanzu ku imibereho mwiza

Inkingi ya kane ni umusanzu ku imibereho mwiza, cyangwa Zakat. Zakat ni amafaranga atangwa hakurikijwe umubare w’amafaranga, imitako n’umutungo umuntu afite. Ayamafaranga ahabwa abantu bayakeneye.

Urugendo rwera

Inkingi ya gatanu ni urugendo rwera rwo kujya i Mekka. Intego ni ugukora haji. Hariho imihango myinshi ijyanye na haji. Imihango yose igomba kurangira kugirango urugendo rube haj yemewe. Umuhango umwe, urugero, kuzenguruka Kaba karindwi. Kaba irera kuko irimo ibuye ry’umukara. Tugendeye ku buyisilamu, iri buye rikomoka mw’ ijuru kandi ryazanywe kw’ isi na marayika Gaburiyeli.

Abayisilamu bagomba kujya murugendo rwera rimwe mubuzima bwabo, mugihe bafite amahirwe. Buri mwaka abayisilamu hagati ya miliyoni eshatu n’ enye bajya i Mekka.

Kaba ligger inne i hovedmoskeen i Mekka. Bilde: Pixabay, Konevi

Firime ya mateka y`ubwisiramu

Islams historie. NDLA Amateka y`ubwisiramu.NDLA

Lær mer om Islam